AMAJYARUGURU: HATANGIJWE UBUKANGURAMBAGA BUDASANZWE BWISWE “IMBONI YA PSF” BUGAMIJE GUKANGURIRA ABACURUZI KURWANYA NO GUKUMIRA ICYOREZO CYA COVID-19

Kuri uyu wa mbere tariki ya 28 Kamena 2021, mu Ntara y’Amajyaruguru hatangijwe ubukangurambaga budasanzwe bw'iminsi 15 bwiswe “Imboni ya PSF” bugamije gukangurira abacuruzi bakorera muri iyi Ntara, kurwanya no gukumira icyorezo cya COVID-19. Ni igikorwa cyateguwe ku bufatanye bw’Urugaga rw’Abikorera-PSF mu Ntara y’Amajyaruguru n’Ubuyobozi bw’iyi Ntara, kikaba kirimo gukorerwa mu Turere twose tuyigize, aho cyatangirijwe muri Santere y'ubucuruzi ya Byangabo mu Murenge wa Busogo, Akarere ka Musanze.

Mu gutangiza ubu bukangurambaga, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Madamu Nyirarugero Dancille ari kumwe na Perezidante wa PSF mu Ntara, Madamu Mukanyarwaya Donatha,  Ubuyobozi bwa Polisi mu Ntara n'Umuyobozi w'Akarere ka Musanze,Madamu Nuwumuremyi Jeannine, bakanguriye abacuruzi bakorera muri iyo santere, gushyira  imbaraga zidasanzwe no gukaza ingamba zo kwirinda COVID-19, bo ubwo ubwabo ndetse no kubikangurira abakiriya babagana. Abacuruzi basabwe kandi gufata iya mbere mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, kuko mu bugenzuzi bwakozwe muri iyo santere, byagaragaye ko hari bamwe mu bacuruzi bafite kandagira ukarabe imbere y'amaduka yabo zidakora ndetse n'aho ziri, ugasanga nta sabune ihari, abari bambaye agapfukamunwa nabi cyangwa bambaye akanduye, aho abakiriya binjira batabanje gukaraba n’ibindi.

Ni muri urwo rwego bahereye ku byagaragaye muri ubwo bugenzuzi, Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru n'Abayobozi bandi bari kumwe basabye abacuruzi bakorera muri Santere ya Byangabo, kongera kwigenzura, buri wese akareba ko ibyangombwa asabwa mu kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 abyujuje, utabyujuje akihutira kubishaka byihuse.

Abo bacuruzi bibukijwe kandi amabwiriza yo kwirinda COVID-19 asanzwe ariho, arimo kwambara agapfukamunwa neza, gukaraba intoki n'amazi meza n'isabune, guhana intera igihe abantu bahuriye ahantu barenze umwe, kwirinda ingendo zitari ngombwa, kubahiriza amasaha yo gufunga ibikorwa by'ubucuruzi, kwirinda ubucuruzi butemewe, burimo gucuruza utubari, n’ibindi. Buri wese akaba yasabwe gukomeza kuba ijisho rya mugenzi we mu kureba ko amabwiriza yose yo kurwanya icyorezo cya COVID-19 yashyizweho yubahirizwa.

Muri ubu bukangurambaga budasanzwe bwo kurwanya no gukumira COVID-19 bwatangijwe mu Ntara y’Amajyaruguru, Urugaga rw'Abikorera muri iyi Ntara, rwashyizeho abakorerabushake bashinzwe guhwitura abacuruzi ku ngamba zo kwirinda COVID-19, kandi igihe bibabye ngombwa utazubahirije agacibwa amande.